Général Major Gihanga Mutara Smith wari umuyobozi w’akarere ka 22 k’igisirikare cya Repubulika ya demukarasi ya Congo kari mu ntara ya Haut-Katanga, yasimbujwe Brigadier Général Eddy Kapend wari warahamijwe kwica Laurent-Desiré Kabila mu mwaka w’2001, akaza kubabarirwa mu 2021.
Iyi mpinduka yabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa 19 Ukwakira 2023, nyuma y’aho Perezida Félix Tshisekedi asubije Kapend mu gisirikare akanamuzamura mu ntera, amuvanye ku ipeti rya Colonel yari afite kuva ku butegetsi bwa Laurent Kabila, ubwo yari ashinzwe umutekano we wihariye.
Gen. Maj. Gihanga yaherukaga gutabwa muri yombi tariki ya 23 Kanama 2023, aho yakekwagaho uruhare mu bujura bw’amabuye y’agaciro y’umuringa yabarirwaga muri toni 120, yari ay’ikigo TFM gikorera ubucukuzi muri Lubumbashi.
Uyu musirikare yaje kurekurwa mu ntangiriro z’uku kwezi k’Ukwakira, nyuma y’aho iperereza ryakorwaga n’igisirikare ryabuze ibimenyetso bihamya ko yaba afite uruhare muri ubu bujura bw’amabuye y’agaciro.
Kuva Gen. Maj. Gihanga yafungurwa, nta kigaragaza ko yasubiye mu nshingano yo kuyobora akarere ka 22 k’igisirikare, kugeza ubwo asimbujwe Brig. Gen. Kapend.


