Général Cirimwami yategetse ko abarasaniye ku marembo ya Goma bafungwa

Guverineri w’agateganyo w’intara ya Kivu y’Amajyaruguru ku rwego rwa gisirikare akaba ari na we ushinzwe ibikorwa bya gisirikare byaho, Général Peter Cirimwami Nkuba, arateganya gufatira ibihano abarwanyi b’imitwe yitwaje intwaro barwaniye mu marembo ya Goma.

Kuri uyu wa 23 Ukwakira 2023, hafi ya Goma humvikanye amasasu y’imbunda ziremereye n’intoya, bisobanurwa ko ari abarwanyi b’imitwe igize ihuriro rya Wazalendo rishyigikiwe na Leta ya RDC ari bo basubiranyemo bitewe n’amakimbirane ashingiye ku nyungu.

Gén Maj. Cirimwami, nk’uko byatangajwe n’Umuvugizi we, Lt Col. Ndjike Kaiko Guillaume kuri uyu wa 24 Ukwakira 2023, yavuze ko iyi mirwano yahuje imitwe yitwaje intwaro mu gace ka Kanyarucinya, hafi ya Goma.

Uyu musirikare, nk’uko itangazo ribisobanura, yategetse abasirikare b’igihugu n’abo mu zindi nzego z’umutekano guta muri yombi abagize uruhare muri iyi mirwano, bakagezwa imbere y’ubutabera.

Gén. Maj. Cirimwami kandi yatangaje ko imitwe yitwaje intwaro izakorera muri Goma cyangwa ikivanga mu bikorwa by’ingabo za Leta itazihanganirwa.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *