Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), watangaje ko watangije iperereza ngo hamenyekane abishe umwe mu basirikare wohereje kugarura amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Ku wa Kabiri tariki ya 24 Ukwakira ni bwo John Ndawo wo mu ngabo za Kenya ziri muri RDC yiciwe i Kibumba ho muri Teritwari ya Nyiragongo.
Uyu musirikare yiciwe muri aka gace gaherereye ku bilometero bibarirwa muri 15 uvuye i Goma, nyuma yo kuraswaho igisasu cya mortier ubwo Ingabo za Congo Kinshasa zarimo zirwana n’inyeshyamba zo mu mutwe wa M23.
Nyuma y’urupfu rwe yaba FARDC na M23 bashinjanye kurugiramo uruhare.
EAC mu itangazo yasohoye ku wa Gatatu tariki ya 25 Ukwakira, yavuze ko iperereza ku cyateye urupfu rw’uriya musirikare “ryamaze gutangira.”
Uyu muryango washinje impande zihanganye muri RDC kwica agahenge Kari kamaze igihe, mbere yo kuzisaba kongera gutanga agahenge no guhagarika imirwano.
Hagati aho amakuru aturuka imbere mu buyobozi bw’Ingabo za EACRF ziri muri RDC avuga ko igisasu cyishe John Ndawo cyarashwe na FARDC ndetse kikaba cyaranarasiwe mu birindiro byayo.
Umwe mu basirikare bakuru muri izi ngabo yabwiye Capital News ko ibyatangajwe n’Igisirikare cya RDC ko mortar yishe uriya musirikare ikanakomeretsa abandi bagenzi be yaba yararashwe n’Ingabo z’u Rwanda ari “ibihimbano.’


