Urwango abirabura bagirirwa i Burayi ruri kwiyongera cyane: Ubushakashatsi

Ikigo cy’umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU) gishinzwe uburenganzira shingiro bw’ikiremwamuntu, FRA, cyatangaje ko urwango abirabura, by’umwihariko abaturuka ku mugabane wa Afurika bagirirwa rwiyongereye cyane mu myaka itandatu ishize.

Aya makuru ashingira ku bushakashatsi bwitwa ‘Being Black in the EU’ FRA yakoreye ku bimukira n’ababakomokaho guhera mu Kwakira 2021 kugeza muri Nzeri 2022, aho abantu bavuganye na yo, bakayihamiriza ko bagiriwe urwango rushingiye ku kuba ari abirabura ari 34%, mu gihe mu myaka 6 ishize bari 24%.

Ubu bushakashatsi bwagaragaje ko mu Budage na Austria ari ho abirabura bangwa cyane, kuko urwango ruri ku kigero cya 64%, nyamara mu myaka 6 ishize cyari 33% na 42% nk’uko ibihugu bikurikiranye. Muri Finland ho ruri kuri 54%.

Portugal, Sweden na Poland ni byo bihugu bibarizwa muri EU byagaragayemo urwango rugirirwa abirabura ruri ku kigero cyo hasi, ugereranyije n’ibindi 10 byakoreweho ubu bushakashatsi.

FRA yagaragaje ko umubare w’abo yavuganye na bo, bakayihamiriza ko bagiriwe urwango uri hejuru ugereranyije n’abasubije mu bushakashatsi buheruka, umubare ukaba warageze kuri 45% muri bihugu byose uko ari 13. Mu Budage hasubije abagera kuri 76%.

Umuyobozi Mukuru wa FRA, Michael O’Flaherty, nk’uko Reuters yabitangaje, yavuze ko ari inkuru ibabaje kuba uru rwango rwarakomeje kwiyongera muri EU, aho kugabanyuka. Ati: “Birashengura kuba nta ntambwe yatewe uhereye ku bushakashatsi bwacu buheruka. Ahubwo, abakomoka muri Afurika ni bo bavangurwa cyane bitewe n’ibara ry’uruhu rwabo.”

FRA yasabye ibihugu bigize EU gukaza itegeko rihana ivangura, hagamijwe kugabanya imibare y’abarigaragaza.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *