Nibura abantu 16 birakekwa ko bishwe barashwe mu ijoro ryo ku wa Gatatu rishyira kuri uyu wa Kane ahitwa Lewiston, muri Leta ya Maine, mu gihugu cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Polisi yavuze ko Robert Card w’imyaka 40 ari we wakoze ubu bwicanyi, ivuga ko “yitwaje imbunda kandi ko ari mubi cyane” nk’uko iyi nkuru dukesha BBC ivuga.
Uyu muntu witwaje imbunda ntaratabwa muri yombi, ariko abapolisi babarirwa mu magana hirya no hino muri iyi leta barimo kumuhigisha uruhindu.
Polisi yavuze ko yageze ahantu habiri habereye ubwicanyi ku kabari kitwa Schemengees Bar & Grille ndetse no kuri Sparetime Recreation hakinirwa bowling.
Umubyeyi wari muri Sparetime hamwe n’umuryango we igihe yaraswaga, avuga ko yaryamye hejuru y’umukobwa we w’imyaka 11, kugira ngo amurinde.
Lewiston, umujyi muto w’abantu bagera ku 38.000, ubu wafunzwe, abacuruzi basabwa gufungwa ndetse abantu basabwa kuguma mu rugo.


