Amakuru aturuka mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aravuga ko muri aya masaha ingabo z’iki gihugu ziri kugaba ibitero ku birindiro bya M23 zikoresheje indege z’intambara.
Ni nyuma y’iminsi ine impande zombi zirasana zikoresheje amabombe.
M23 biciye mu bayobozi bayo yemeje ko FARDC iri kurasa ibirindiro byayo biherereye mu duce twa Kibumba na Buhumba two muri Teritwari ya Nyiragongo, ndetse n’ibindi bice bihakikije.
Perezida w’uyu mutwe, Bertrand Bisimwa yanditse kuri X ko FARDC iri “kurasa buhumyi yifashishije imizinga iremereye n’indege.”
Amakuru avuga ko Sukhoi-25 ya FARDC iri kurasa ku birindiro bya FARDC iturutse ku gasozi ka Kanyamahoro.
Kuri ubu M23 iri kwirwanaho inarinda abaturage nk’uko abayobozi bayo babivuga.


