gsu_officers_outside_kisii_governor_simba_arati_office_at_gusii_stadium_0.jpg

Kenya: Abapolisi kabuhariwe bitambitse Guverineri wa Kisii bamubuza kwinjira mu biro

Kuri uyu wa Mbere, abapolisi benshi ba Kenya bo mu ishami rishinzwe serivisi rusange (GSU) bagose ibiro bya guverineri wa Kisii, Simba Arati biri muri Stade ya Gusii bamubuza kwinjira.

Amakuru aturuka aha avuga ko Guverineri yabujijwe kwinjira kuri sitade aho afite ibiro bya kabiri.

Aba bapolisi bajyanywe muri iyi stade mu gikamyo cya polisi baherekejwe n’indi modoka y’abapolisi ariko kugeza ubu ntiharamenyekana icyo bakurikiye.

Amakuru avuga ko GSU yazengurutse ibiro nyuma yo kubona amabwiriza yaturutse hejuru.

Nk’uko tubikesha urubuga kenyans.co.ke, amakuru yakomeje avuga ko batayo ya GSU yagabye ibitero ku biro bimwe na bimwe bifitanye isano na Guverineri biri muri sitade nini yo muri iyo ntara.

Mu ijambo rye ryabanje, Arati yari yavuze ko iyi batayo yari yabanje gutera aha hantu nijoro ariko ahitamo ko hakorwa iperereza ku manywa.

Mu ijambo rye ku Cyumweru, umuyobozi w’intara yari yinginze guverinoma y’igihugu ayisaba kutohereza abapolisi ngo bakomeretse urubyiruko rwa Kisii, abenshi muri rwo bakaba bashingira ku bucuruzi bw’ubumotari kugirango babone amaramuko.

Yavuze kandi ko abayobozi ba politiki b’amashyaka y’igihugu bateje imbere imyumvire yo guhungabanya inzego babinyujije mu gucamo ibice urubyiruko.

Yagize ati: “Guverinoma y’igihugu, turuzuzanya. Dufite guverinoma ebyiri, guverinoma z’igihugu n’intara. Iyi myumvire yo gutandukanya urubyiruko rwacu ku murongo wa politiki igomba guhagarara. Aba bantu bose ni ubwoko bwanjye”.

“Dufite abatwara moto 95.000 ariko ndabasaba kubungabunga amahoro. Niba wohereje abapolisi gukomeretsa urubyiruko rwacu, ntituzemera.”

gsu_officers_outside_kisii_governor_simba_arati_office_at_gusii_stadium_0.jpg

Mu mezi ashize, Arati yagiye aterana amagambo n’ishyaka Kenya Kwanza riri ku butegetsi nyuma y’amakuru yatangajwe n’abayobozi bamwe bo mu ihuriro riri ku butegetsi avuga ko abashinzwe umutekano wa ba guverineri bamwe batoranyijwe bazabamburwa.

Nubwo yiyemeje gukorana na guverinoma iri ku butegetsi, yakomeje kuvuga ko atazashyigikira guverinoma ya Kenya Kwanza.

Arati akora nk’umuyobozi wungirije wa komite nyobozi y’ishyaka Orange Democratic Movement (ODM) kuva yatangira imirimo ku itariki ya 8 Nzeri 2023.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *