Uganda:Couple y’Abanyamerika yaciwe amamiliyoni ya $ nyuma yo gutegeka umwana kwikinisha

Umugabo n’umugore b’Abanyamerika baba mu gihugu cya Uganda baciwe akayabo k’amafaranga nyuma y’uko bashinjwaga gukora iyicarubozo umwana wabo bareraga.Aba baciwe amande y’amadolari y’Abanyamerika ibihumbi 29.000 n’urukiko rwa Uganda .

Nicholas na Mackenzie Spencer w’imyaka 30 batawe muri yombi mu 2022 bakurikiranyweho icyaha cyo gucuruza abantu no gukorarera iyicarubozo umwana w’umuhungu muto ufite imyaka hafi icumi hagati.Byakozwe hagati ya 2020 na 2022.

Bahakanye ibyo byaha byombi, bihanishwa igifungo cya burundu, ariko bemera ibyaha bito, birimo ubugome, kubura ubumuntu cyangwa gutesha agaciro, akazi katemewe no kuguma muri Uganda mu buryo butemewe.

Urukiko rukuru rwa Kampala rwabategetse gutanga ihazabu ingana na miliyoni 9.3 z’amashiringi ya Uganda ($ 2,460). Basabwe kandi kwishyura indishyi uwahohotewe zingana na miliyoni 100 z’amashilingi ya Uganda, nyuma yuko ubushinjacyaha buhagaritse ibirego bya mbere nyuma yo kwirega. .

Umucamanza Alice Komuhangi yabwiye urukiko ko kubera ko abo bashakanye bemeye ibyaha baregwa kandi ko batataye igihe cy’urukiko boroherejwe ibihano.

Ubwo abapolisi bagaba igitero mu rugo rwabo mu Kuboza, bavuze ko basanze amashusho ya CCTV yerekana ko bahatiraga uwo mwana kwikinisha aknaahabwa ibiryo bikonje nyuma akaryama ku biti bitagira matera.

Icyi cyemezo cyafatiwe aba bombi cyateje impagarara mu baharanira uburenganzira bw’abana, banenga inzira y’ubutabera yo kudahana hakurikijwe amategeko.

Bagira bati”Nigute uyu mugabo n’umugore bemeye ko bakubise umwana kandi bakamufata nabi, bakamwambura ibiryo n’amazi bityo bagahabwa igihano cyoroheje cyo kwishyura amande kandi … bakagenda?”

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *