f--0ac4a4aaa-th.jpg

Perezida wa Somalia n’uw’u Burundi basabye abarwana muri RDC guhagarika imirwano

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 17 Ugushyingo, Perezida Hassan Sheikh Mohamud wa Somalia yageze mu Burundi kugira ngo abonane na Perezida Evariste Ndayishimiye akaba na Perezida wa EAC ucyuye igihe, aho basabye impande zihanganye mu burasirazuba bwa Congo guhagarika imirwano zikubahiriza amasezerano ya Luanda na Nairobi.

Muri uru ruzinduko, Abakuru b’ibihugu byombi bakoze inama aho bongeye gushimangira icyifuzo cyabo gikomeye cyo kurushaho gushimangira umubano mwiza w’ibihugu byombi umaze igihe kinini.

f--0ac4a4aaa-th.jpg

U Burundi akaba ari cyo gihugu cya kabiri gifite ingabo nyinshi muri Somalia zagiye gufasha kurwanya Al Shabaab nyuma ya Uganda.

Abakuru b’ibihugu byombi bishimiye ishyirwaho rya komisiyo ihuriweho y’ubufatanye ishinzwe gusobanura urwego rw’ubufatanye hagati y’ibihugu byombi mu nzego zitandukanye nk’ubucuruzi, ishoramari, kongerera ubushobozi abaturage, ubuhinzi n’ibindi.

f--0a6hbiaarszm.jpg

Bashimangiye kandi ko biyemeje gushyira imbere EAC mu gihe cya 2022-2026 no gushimangira amahoro, umutekano, ituze ndetse n’imiyoborere myiza ku rwego rw’akarere nk’uko iyi nkuru dukesha Regionweek ivuga.

Abakuru b’ibihugu byombi kandi baganiriye ku kibazo cy’umutekano mu burasirazuba bwa Congo, bahamagarira impande zihanganye guhagarika imirwano zikisunga amasezerano yo guhagarika intambara ya Luanda na Nairobi.

f_at3xlxuaabcb3.jpg

Uru ruzinduko ruje mu gihe Somalia iri hafi kugera ku cyiciro cya nyuma cy’urugendo rwayo rwo kwinjira mu muryango wa EAC aho ishobora kwakirwa muri uku kwezi k’Ugushyingo mu nama ya 23 isanzwe y’abakuru b’ibihugu bigize uyu muryango iteganyijwe kuwa 24 Ugushyingo 2023, i Arusha, muri Tanzania, nk’uko byatangajwe n’Umunyamabanga Mukuru Peter Mathuki.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *