Museveni arashinja Loni kuba ari yo ihembera iterabwoba muri Congo n’ahandi

Perezida Yoweri Museveni wa Uganda yashinje Umuryango w’Abibumbye kuba ari wo uhembera iterabwoba muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo no guteza akavuyo mu bihugu bitandukanye mu Karere ka Sahel.

Perezida wa Uganda mu itangazo ryanyujijwe kuri twitter kuri uyu wa Gatatu ushize yagize ati “Igice kimwe cy’iterabwoba muri Afurika cyashinjwe cyangwa kibungwabungwa bamwe mu bantu bagerageza kuba abapolisi b’Isi. Akaduruvayo muri Libya no mu bihugu biyikikije byo mu Karere ka Sahel (Mali, Burkina Faso, Niger, Nigeria, Chad, n’ahandi..) katewe n’aba bantu.”

Yakomeje agira ati “Umushinga w’ibungwabungwa ry’iterabwoba mu burasirazuba bwa Congo, mu myaka 20 ishize, bikorwa na Loni, igenzurwa na bamwe muri aba bantu binyuze mu nzego zitubahirije demokarasi z’uwo muryango, nk’Akanama k’Umutekano,”

Yongeyeho ati ” Biratangaje ukuntu Loni ishobora guhagarikira no guturana n’abishi b’Abanyekongo n’Abagande mu burasirazuba bwa Congo mu myaka 20 ishize kandi nta kintu bibabwiye na gito. Baremye ahantu hisanzuye h’ubwoko bwose bw’ingurube z’imitwe irimo ubusa ngo zihateranire, zitoze, zibe umutungo kamere wa Congo, zice Abanyekongo ndetse rimwe na rimwe zica Abagande ari na ko bibangamira ahazaza h’ubukungu bw’abaturage bo mu Biyaga Bigari.”

Museveni akomeza avuga ko agiye kurushaho gufatanya na Guverinoma ya repubulika ya DDemokarasi ya Congo mu kurandura umutwe wa ADF ushinjwa kugaba ibitero bitandukanye ku butaka bw’ibihugu byombi.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *