Hamas iravuga ko ishaka kongera agahenge k’iminsi ine kariho muri iki gihe mu mirwano na Israel no kongera umubare w’imbohe zirekurwa.
Minisitiri w’intebe wa Israel yavuze ko amasezerano y’umwimerere ashobora kongerwa, ariko ibikorwa bya Israel muri Gaza bizakomeza n’ingufu zose nyuma y’igihe cy’agahenge.
Hagati aho, Abandi Banya-Israel benshi bafashwe bugwate n’imfungwa z’Abanyapalestine bagomba kurekurwa kuri uyu wa Mbere, ku munsi wanyuma w’agahenge ka mbere k’iminsi ine.
Ku Cyumweru, Abanya-Israel 14 n’abandi banyamahanga 3 bafashwe na Hamas bararekuwe Israel na yo irekura Abanyapalestine 39.
Abanya-Gaza bagiye bakoresha iki gihe cy’agahenge mu gushaka ibikoresho bikenerwa cyane bya lisansi, ibiryo n’imiti.
Ibitero bya Hamas mu majyepfo ya Israel byo ku itariki ya 7 Ukwakira byahitanye abantu 1.200, abagera kuri 240 bajyanwa bugwate.
Kuva icyo gihe, minisiteri y’ubuzima muri Gaza ivuga ko abantu barenga 14.500 bishwe mu gikorwa cyo kwihorera cya Israel.


