Igisubizo cya Makolo ku wamubwiye ko amajwi Perezida Kagame yagize ahabanye na demukarasi

Umuvugizi wa guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yahakanyije umunyamakuru Stig Abell wa Times Radio wamubwiye ko amajwi 98% Perezida Paul Kagame yagize mu matora y’Umukuru w’Igihugu y’ubushize agaragaza icyuho muri demukarasi.

Abell yabwiye Makolo ati: “98% by’amajwi ntabwo ari demukarasi ishyirwa mu bikorwa.” Yahise amusubiza ati “Kubera iki itaba yo?”, umunyamakuru akomeza kumubaza ati: “Ese wizera ko abantu 98% bose batoye Kagame kubera ko batekerezaga ko ari we ukwiye?”

Uyu munyamakuru yongeye ati: “Kagame yagize amajwi 98% mu matora y’ubushize. Ntabwo rwose ibi byizewe. Ntabwo ari demukarasi yizewe, birumvikana nk’ubutegetsi bw’umuntu umwe, kwiba amajwi.”

Makolo na we yabajije Abell impamvu hari ibihugu byitwa ko bigira demukarasi, mu gihe bigira abakandida bashobora gutsinda amatora bagize amajwi 27 cyangwa 34%. Ati: “Kuki hari ibihugu bigira demukarasi bifite abaperezida batowe ku majwi 27 na 34%? Ibyo bishingira ku buryo byumvikanamo, ku mateka n’aho abantu baherereye mu buzima bw’igihugu.”

Kuri Perezida Kagame, Makolo yasobanuriye uyu munyamakuru ko ibyo yakoze kuva yagera ku butegetsi byivugira. Ati: “Ibyo yakoze birivugira, aho yakuye igihugu, aho turi haragarira amaso. Abanyarwanda barabibona, Abanyarwanda bafite urwego, bagira amahitamo y’uko bashaka ko igihugu kiba. Bahisemo kuba umwe, bahitamo gutekereza ikintu kinini.”

Makolo yabwiye Abell ko demukarasi ishobora kubonwa mu buryo butandukanye bitewe n’amateka y’igihugu kandi ko atari ngombwa ngo igihugu cyigane iy’ikindi. Ati: “Demukarasi y’u Rwanda ntiyaba interurano y’iyanyu kubera ko dufite amateka, uburyo n’indangagaciro zitandukanye.”

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *