Igerageza ry’urukingo rwa virus itera SIDA ryakorwaga muri Afurika ryahagaritswe imburagihe

Igerageza ry’urukingo rw’agakoko gatera SIDA muri Uganda, Tanzaniya na Afurika y’Epfo ryahagaritswe hakiri kare nyuma y’amakuru y’ibanze agaragaza ko rutazagira akamaro mu gukumira ubwandu, nk’uko byatangajwe n’ukuriye iperereza muri iri gerageza.

Aya makuru ni yo aheruka mu ngufu zikomeje gushyirwa mu gushaka urukingo rwiza rwo kurwanya virusi kugeza ubu imaze guhitana abantu bagera kuri miliyoni 40 ku Isi. Abandi miliyoni 39 babana na virusi itera SIDA, abenshi muri bo bakaba bari muri Afurika.

Igerageza ry’uru rukingo, mu rwego rwagutse rwiswe PrEPVacc, rwatangiye mu Kuboza 2020 rikorerwa ku bantu 1.512 bafite ubuzima bwiza bafite imyaka hagati ya 18-40 kandi ryagombaga kurangira mu 2024.

Ku wa Kane ushize, Pontiano Kaleebu, ushinzwe iperereza muri iyi gahunda, yatangarije Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, ko komite yigenga ishinzwe kugenzura amakuru yigenga ndetse n’ikurikirana ry’umutekano “yashimangiye ko “niyo twkomeza tutazashobora kwerekana ko urukingo rushobora kuba ingirakamaro”.

Mu gihe hari imiti ishobora kugabanya ibyago byo kwandura virusi itera sida ndetse n’ubuvuzi bushobora kugenzura virusi kandi bikabuza abantu kwandura SIDA, abahanga bavuga ko urukingo rwa virusi itera SIDA rwaba igikoresho gikomeye mu kurangiza SIDA nk’ikibazo gikomeye ku buzima rusange.

Igerageza ryayobowe n’abashakashatsi bo muri Afurika ku nkunga y’ibigo bitandukanye by’u Burayi nka Imperial College London, ryagerageje guhuza ubwoko bubiri butandukanye bw’inkingo z’agakoko gatera SIDA.

Hageragezwaga kandi uburyo bushya bwa prophylaxis bunyuzwa mu kanwa (PrEP), umuti ugabanya ibyago byo kwandura virusi itera SIDA, kugira ngo harebwe niba ukora neza nk’umuti usanzwe. Igice cy’iri gerageza kirakomeje.

Abitabiriye igerageza ahanini bakuwe mu baturage bafite ibyago byinshi byo kwandura nk’abakora akazi k’uburaya, abaryamana bahuje ibitsina n’abarobyi.

Itangazo ryashyizwe ahagaragara kuwa Gatatu na gahunda yo kugerageza inkingo rivuga ko igerageza ryananiwe, ari naryo ryonyine ry’urukingo rwa virusi itera SIDA ryakorwaga ku Isi, ikigaragaza “ukuntu bikigoye gukora urukingo rwa virusi itera SIDA”.

Abashakashatsi bo muri Afurika y’Epfo bahagaritse irindi gerageza mu 2020 nyuma yo kugerageza urukingo ku bantu barenga 5.000 ntibitange umusaruro.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *