UPDF iremeza ko yabonye amabwiriza yo gutangira kuva muri Congo

Ingabo za Uganda (UPDF) zari muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo mu butumwa bw’ingabo z’akarere ka Afurika y’Iburasirazuba (EACRF), zatangiye kuva mu burasirazuba bw’igihugu.

Nk’uko bitangazwa n’Ibiro Ntaramakuru bya Turkiya (Anadolu Agency), umwe mu bavugizi b’Ingabo za Uganda, Capt. Kato Ahmad Hassan, ngo amaherezo ingabo zabonye amabwiriza yo kuva mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo.

Ati: “UPDF izakora ibikorwa byo gucyura ingabo n’ibikoresho byayo mu byiciro, buhoro buhoro, kuri gahunda kandi bikurikiranye guhera ku itariki ya 8 Ukuboza 2023 kugeza ku ya 7 Mutarama 2024 kugira ngo hirindwe imbogamizi zose zishobora guhungabanya umutekano.”

Uku kuvana ingabo muri Congo bije nyuma y’uko abayobozi b’iki gihugu banze kongerera igihe manda y’ingabo z’akarere yarangiye ku itariki ya 8 Ukuboza.

Ubutumwa bwa EACRF bwatangijwe mu Gushyingo 2022 ku butumire bw’abayobozi ba Repubulika ya Demokarasi ya Congo mu turere twigaruriwe n’inyeshyamba za M23 zongeye kwigaragaza mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru mu mpera za 2021.

Imitwe myinshi yitwaje intwaro hamwe n’indi mitwe yitwara gisirikare imaze imyaka ibarirwa muri za mirongo ikorera mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo.

Usibye ingabo za EAC, ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro, MONUSCO, nabwo buri muri iki gihugu kuva mu 1999, mu gihe hategerejwe Ingabo za SADC zishobora gutangira kuhagera muri iki cyumweru gitaha.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *