Nk’uko byatangajwe n’umuyobozi mukuru muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika uzi neza ibyabaye, ngo impande ziihananye zemeye guhagarika imirwano mu bice byo mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) mu gihe cy’ibindi byumweru bibiri byiyongera ku gahenge k’iminsi itatu kabanje.
Umwe mu bayobozi mu buyobozi bwa Biden, wanze ko izina rye ritangazwa, yagize ati: “Hiyongereyeho ibyumweru bibiri byo guhagarika imirwano mu burasirazuba bwa DRC.”
Amasezerano nkaya, atigeze atangazwa kandi Reuters ivuga ko bigoye kuyagenzura, aje mu gihe hiteguwe amatora rusange yo ku itariki ya 20 Ukuboza muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo.
White House yari yatangaje mbere agahenge k’amasaha 72, guhera ku wa Mbere, ivuga ko kareba ingabo ndetse n’imitwe yitwaje intwaro itari iya Leta irimo M23 igenzura ibice bimwe na bimwe by’ingenzi mu burasirazuba bwa DRC.
Abayobozi ba Amerika bavuze ko agahenge ka mbere karangiye kandi kubahirijwe muri rusange. Agahenge gashya Amerika ivuga ko yagizemo uruhare ngo kagerweho, byitezwe ko kazubahirizwa muri ibyo bice n’ubundi biberamo imirwano


