Umurundi Amiss Cédric wabiciye bigacika muri Rayon Sports, yaciye amarenga yo kuyigarukamo vuba aha.
Cédric yatangaje ko yaba agiye kugarukamo abinyujije ku rubuga rwe rwa Instagram.
Yifashishije uru rubuga, yanditse ahajya ubutumwa bumara amasaha 24 ko “vuba aha ndagaruka mu kipe yanjye nyayo.”
Ni ubutumwa bwari buherekejwe n’imitima ibiri irimo uw’ubururu n’umweru Rayon Sports isanzwe yambara ndetse n’ifoto ye yambaye umwambaro wayo.
Nyuma y’ubutumwa bwa Cédric, Umurundi Mvuyekure Emmanuel basanzwe bakinana mu Ntamba mu Rugamba yifashishije urubuga rwe rwa Instagram agaragaza ko atari we uzarota amusanze muri Rayon Sports.
Amiss Cédric yakiniye Rayon Sports hagati ya 2011 na 2014, ayivamo yerekeza muri FC Chibuto yo muri Mozambique.
Uyu mukinnyi kuri ubu wakinaga muri Al-Qadsiah FC yo muri Arabie Saoudite, mu myaka itatu yakiniye Rayon Sports yayifashije gutwara igikombe cya shampiyona ya 2013.
Amakuru avuga ko nta gihindutse Cédric azasinyira Rayon Sports amasezerano y’amezi atandatu mu kwezi gutaha, ndetse bivugwa ko ibiganiro hagati y’impande zombi byamaze kurangira.


