Somalia: Igisirikare kirigamba kwica abarwanyi ba Al Shabaab 130

Kuri iki Cyumweru, itariki 24 Ukuboza, minisiteri y’ingabo ya Somalia yavuze ko byibuze abarwanyi ba al-Shabaab 130 bishwe mu gihe cy’ibikorwa bya gisirikare byabereye icyarimwe rwagati mu gihugu no mu majyepfo, yemeza ko mu minsi itatu ishize bambuye ubutaka bunini umutwe w’iterabwoba ufitanye isano na al-Qaeda.

Igisirikare cya Somaliya, gishyigikiwe n’imitwe yitwara gisiikare y’abanyagihugu, cyagiye mu bikorwa bitandukanye bya gisirikare byo kurwanya abaterabwoba ba al-Shabaab mu ntara yo hagati ya Mudug muri leta ya Hirshabelle, ndetse no muri leta yo mu majyepfo ya Jubaland, ahamaze iminsi itatu habera imirwano, nk’uko Minisiteri y’Ingabo yabitangaje.

Yongeyeho ko ingabo zafatiye intwaro n’ibikoresho mu bwihisho bw’abaterabwoba, bwasenywe mu bikorwa bya gisirikare nk’uko iyi nkuru dukesha Anadolu Agency ivuga.

“Ibice byinshi by’ubutaka byarabohowe” muri ibyo bikorwa, minisiteri yahamagariye kurwanya “Khawarijs,” ijambo ry’icyarabu ryakoreshejwe ku mutwe wa mbere wigometse ku mategeko ya kisilamu mu myaka ya mbere nyuma y’Intumwa Muhamadi.

Minisiteri yagize iti: “Caadley, Buurta Yagoos, hamwe na Baraag Ismaaciil, ibice byose biherereye mu karere ka Mudug” byambuwe umutwe w’iterabwoba.

Iri tangazo rikomeza rigira riti: “Ingabo z’igihugu cya Somaliya n’ingabo zo kwirnda z’abaturage ziyemeje gukomeza intambara yo kurwanya Khawarij kugeza igihe izarandurwa mu gihugu.”

Somaliya imaze imyaka ihura n’umutekano muke kuva mu 2007, hamwe n’iterabwoba nyamukuru rituruka kuri al-Shabaab n’imitwe y’iterabwoba ya Daesh / ISIS.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *