Mané wavuzwe mu rukundo n’umunyarwandakazi yarongoye mu ibanga

Umunya-Sénégal Sadio Mané wigeze kuvugwa mu rukundo n’Umunyarwandakazi Kate Bashabe, yakoze ubukwe mu ibanga.

Ku Cyumweru tariki ya 7 Mutarama ni bwo amakuru y’uko Mané yakoze ubukwe na Aisha Tamba bakundanye kuva mu bwana yatangiye gucicikana.

Ubukwe bwabo bwabereye i Dakar muri Sénégal ariko mu ibanga rikomeye.

Aisha Tamba uriya rutahizamu wa Al Nassr yo muri Arabie Saoudite yarongoye, akomoka mu gace kitwa Casamanà§a.

Pulse Sports dukesha iyi nkuru yanditse ko urukundo rwa Mané n’iriya nkumi rwatangiye bakiri mu myaka y’ubugimbi.

Aba bombi byamenyekanye ko bakoze ubukwe nyuma y’uko ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwiye amafoto y’ubukwe bwabo.

Sadio Mané yakoze ubukwe, mu gihe mu myaka yashize byavuzwe ko yaba ari mu rukundo n’Umunyarwandakazi Kate Bashabe.

Inkuru y’uko aba bombi baba bakundana yavuzwe cyane muri 2019, nyuma y’uko uyu mukobwa yari yagaragaye kuri Stade ya Anfield Road ya Liverpool Mané yakiniraga icyo gihe.

Aba bombi cyakora baje guhakana amakuru y’uko baba bari mu rukundo.

Muri 2022 Sadio Mané ubwo yabazwaga ku mugore w’inzozi ze, yavuze ko yifuza kurongora umugore utagaragara ku mbuga nkoranyambaga.

Ati: “Nabonye abakobwa benshi bambaza impamvu ntarongora, ariko ndabiseguraho kuko mushobora kuba muri gupfusha ubusa igihe cyanyu. Umugore nzarongora ntabwo azaba ari ku mbuga nkoranyambaga.”

Icyo gihe yunzemo ati: “Ndifuza kurongora umugore wubaha neza Imana n’amasengesho. Buri wese afite amahitamo y’urukundo rwe.”

Mané nyuma yo gukora ubukwe biteganyijwe ko agomba kujyana na Sénégal mu Gikombe cya Afurika kizabera muri Côte d’Ivoire guhera ku wa 13 Mutarama 2023.

Ni Sénégal yifuza gutwara iki gikombe ku nshuro yayo ya kabiri, nyuma yo gutwara igiheruka kubera muri Caméroun mu myaka ibiri ishize.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *