Pakistan iramagana igitero cya Iran ku butaka bwa yo cyishe abana

Pakisitani iravuga ko ku wa Kabiri abana babiri bishwe abandi batatu barakomereka mu gitero cyagabwe na Irani bituranye.

Irani yavuze ko yibasiye ibirindiro bibiri bifitanye isano n’umutwe w’abarwanyi witwa Jaish al-Adl nk’uko ibiro ntaramakuru by’igisirikare cy’iki gihugu bibitangaza.

Ariko Pakisitani ibi yabiteye utwatsi, ibyita “igikorwa kitemewe” gishobora gukurura “ingaruka zikomeye” nk’uko tubikesha BBC.

Pakisitani nicyo gihugu cya gatatu, nyuma ya Irak na Syria, cyagabweho igitero na Irani mu minsi ishize.

Igitero cya misile Irani yagabye muri Pakisitani nticyigeze kibaho mbere. Ku wa Kabiri, igitero cyibasiye umudugudu wo mu ntara nini yo mu majyepfo y’uburengerazuba ya Balochistan, ku mupaka w’ibihugu byombi.

Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Pakisitani yamaganye cyane “kuvogera ikirere cyayo nta wayishotoye”.

Yavuze ko ibyabaye “bitemewe na gato”, yongeraho ko “ndetse biteye impungenge cyane kuba igikorwa nk’iki kitemewe cyakozwe nubwo hari inzira nyinshi z’itumanaho hagati ya Pakisitani na Irani”.

Pakisitani yamaganye “umuyobozi mukuru bireba” muri minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Irani mu murwa mukuru wa yo, Tehran, yongeraho ko “uku kuvogera ku mugaragaro ubusugire bwa Pakisitani bizagira ingaruka kuri Irani”.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *