Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Tanzaniya arateganya kugirira uruzinduko mu Rwanda

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’ububanyi n’ubufatanye bwa Afurika y’Iburasirazuba, January Makamba, yavuze kuri uyu wa Mbere, itariki 11 Werurwe ko yenda kuza mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi.

Mu butumwa yanyujije kuri X, Makamba yavuze ko azazana n’abayobozi bakuru bo muri Minisiteri y’ubwikorezi; iy’Ubucuruzi n’inganda; ICT; iy’Ubuhinzi; n’Ingufu; n’abandi.

Ati: “Ndifuza gufatanya na bagenzi bacu mu Rwanda mu gushimangira umubano hagati y’ibihugu byacu byombi.”

Mu ruzinduko Perezida wa Tanzaniya, Samia Suluhu, aheruka kugirira mu Rwanda muri Kanama 2021, guverinoma zombi zashyize umukono ku masezerano hagati y’ibihugu byombi mu bijyanye n’Ikoranabuhanga n’Itumanaho ( ICT), mu bijyanye n’abinjira n’abasohoka, mu burezi no kugenzura imiti.

Ibihugu byombi bifite ubufatanye mu nzego nyinshi nk’ubuhinzi, ubwikorezi n’ingufu nk’uko bitangazwa na The New Times.

Muri Mutarama, umunyamabanga wa Leta w’u Rwanda ushinzwe ubutwererane bw’akarere James Kabarebe na minisitiri w’ubworozi n’uburobyi muri Tanzaniya, Abdallah Hamis Ulega, bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye mu guteza imbere inganda zitunganya amata.

Ibihugu byombi bifite gahunda yo kubaka umuhanda wa gari ya moshi uva Isaka muri Tanzaniya ugana i Kigali.

U Rwanda, Tanzaniya n’u Burundi bifatanyije umushinga wo kubaka urugomero rw’amashanyarazi rwa Rusumo, rwitezweho kuzatanga 27MW.

Biteganijwe ko uru rugomero rwa miliyoni 340 z’amadorali rwubatswe ku mipaka y’ibihugu uko ari bitatu, ruzafungurwa mu mpera za Werurwe.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *