Myugariro w’ikipe ya AS Pikine yo muri Senegal ategerejwe i Kigali mu Rwanda aho aje mu ikipe ya Rayon Sports.
Oumar Gningue wa AS Pikine yo mu cyiciro cya mbere muri Senegal ategerejwe i Kigali mu ikipe ya Rayon Sports.
Uyu musore w’imyaka 27 yatowe mu ikipe y’umwaka muri Senegal ari kumwe na Aliou Souané uherutse gusinya muri APR FC.
Mu kwezi kwa 6 ikipe ye yari yamaze kumwongerera amasezerano y’imyaka 2, bivuze ko Rayon Sports iguze amasezerano muri iyi kipe.
Oumar Gningue yari umwe mu bakinnyi beza bari muri shampiyona ya Senegal, akaba yaje mu Rwanda ahawe arenga miliyoni 23.
Amakuru avuga ko azajya ahabwa umushahara wa 900,000 Frw buri kwezi muri iyi kipe y’abafana benshi mu Rwanda.
Uyu mukinnyi yabengutswe na Rayon Sports binyuze mu munyamabanga wayo Patrick Namenye wamaze iminsi 10 muri Senegal areba ubushobozi bwe.
Oumar Gningue aragera mu Rwanda mu masaha make ari imbere kugira ngo arangize ibyo gusinya ndetse anerekanwe muri iyi kipe.




