Abafaransa barimo gutora muri amwe mu matora akomeye cyane abayeho mu myaka ishize, aho uruhande rw’abahezanguni bakomeye ku bya kera rwizeye kubona intsinzi yandika amateka, ariko igishoboka cyane ni uko nta ruhande rugira ubwiganze.
Ubu ni bwo bwa mbere ishyaka rya Rassemblement National (RN) rya Marine Le Pen na Jordan Bardella ribonye amahirwe nyayo yo kuba ryayobora leta no kuba ryayobora mu buryo busesuye inteko ishingamategeko.
Ariko nyuma y’intsinzi yo ku Cyumweru gishize ya RN mu cyiciro cya mbere cy’aya matora y’abadepite, yabaye mbere y’igihe cyari giteganyijwe, abakandida b’abacyeba bikuye mu guhatana kugira ngo bahe abandi bakandida amahirwe menshi yo gutsinda iri shyaka ry’ubuhezanguni mu gukomera ku bya kera.
Gutora byatangiye mu Bufaransa ku isaha ya saa mbili za mu gitondo (8:00) zaho, ari na yo saha yo mu Rwanda no mu Burundi. Amakuru ya mbere y’ibyavuye mu matora aratanganzwa nyuma y’amasaha 12.
Ibiva mu matora uko byaba bimeze kose, biragoye kubona Perezida Emmanuel Macron asohoka muri ibi neza.
Mu byumweru bine bishize, yavuze ko guhamagaza aya matora mbere y’igihe cyari giteganyijwe ari cyo gisubizo gishyize mu gaciro, nyuma y’intsinzi y’ishyaka rya RN mu matora y’inteko ishingamategeko y’Ubumwe bw’u Burayi.
Icyo gihe hari hashize iminota Jordan Bardella, umukuru wa RN w’imyaka 28, amukabije ngo ayahamagaze.
Aya matora yo mu byiciro bibiri yatunguye iki gihugu kirimo kwitegura itangira ry’imikino ya Olempike ya Paris ku itariki ya 26 Nyakanga .
Umutekano wari usanzwe warakajijwe, none ubu abapolisi 30,000 bagabwe mu bice bitandukanye by’igihugu muri iki gihe ubushyamirane muri politiki buri hejuru.
Hari ubwoba ko urugomo rushobora kwaduka mu murwa mukuru Paris no mu yindi mijyi y’iki gihugu, ibiva mu matora uko byaba bimeze kose, ndetse imyigaragambyo yari iteganyijwe ku mugoroba wo kuri iki cyumweru hanze y’inteko ishingamategeko, yabujijwe.
Mu mujyi wa Dreux, ubumbatiye amateka, wo mu nzira yerekeza i Normandie, aya matora yo kuri iki cyumweru ahuriranye n’umunsi urumuri rw’imikino ya Olempike ruwunyuramo.
Pauline, wo mu biro bishinzwe ubukerarugendo by’uyu mujyi, ati: “Kuri twe ni ikintu gikomeye cyane, kiruta amatora.”
Urwo rumuri rw’imikino ya Olempike rumaze amezi hafi abiri ruzengurutswa mu bice bitandukanye by’Ubufaransa, ndetse uyu mujyi wa Dreux wateguye ibirori byo kwizihiza ukuhagera kw’urwo rumuri.
Antoine, utuye i Dreux, yabwiye BBC ati: “Macron yari akwiye gutegereza [imikino ya] Olempike ikarangira.”
Nicolas Baverez, ukurikiranira hafi ibibera mu Bufaransa, yemeza ko Perezida Macron yatwitse iyi manda ye ndetse ko yafunguye amarembo y’ubutegetsi arayarangaza ku bahezanguni.


