APR FC itsinze undi mu kino muri CECAFA Kagame Cup

Ikipe ya APR FC itsinze umukino wayo wa kabiri muri CECAFA Kagame Cup 2024 ihita iyobora itsinda C n’amanota 6.

Kuri uyu wa Gatandatu nibwo iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu yakinaga umukino wayo wa Kabiri mu itsinda C aho bakinana na El El Merreikh Bentiu yo muri Sudani.

Igitego kimwe cya APR FC nicyo cyatandukanyishe impande zombi.

Mamadou Sy ni we watsinze iki gitego ku mupira we wa mbere yari akozeho ubwo yinjiraga mu kibuga ku mupira wahinduwe neza na Claude Niyomugabo maze na we atsindisha umutwe.

APR FC isigaje umukino wa nyuma mu itsinda izahuriramo na SC Villa ku wa mbere w’icyumweru gitaha ku isaha y’i saa sita za Kigali.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *