Abayobozi b’ubutasi bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika bemeje ko Iran ari yo yari inyuma y’igikorwa giherutse kubaho cyo kwinjira muri mudasobwa z’ibikorwa byo kwiyamamaza bya Donald Trump .
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha muri Amerika (FBI) ndetse n’izindi nzego za leta mu itangazo bahuriyeho bavuze ko Iran yahisemo kwivanga mu matora ya Amerika mu rwego rwo “guteza amakimbirane no gutesha icyizere inzego zacu za demokarasi”.
Ku itariki ya 10 Kanama nibwo itsinda rishinzwe ibikorwa byo kwiyamamaza bya Donald Trump, ryashinje Iran kwinjirira itumanaho ryabo ry’imbere, ariko abayobozi muri Iran babitera utwatsi.
Abazi iby’iryo perereza babwiye CBS News, umufatanyabikorwa wa BBC muri Amerika, ko bacyeka ko abinjira muri mudasobwa kwiba amabanga (aba ‘hackers’) b’Abanya-Iran banibasiye ibikorwa byo kwiyamamaza by’umukandida w’abademokarate ku mwanya wa perezida, Kamala Harris.


