rwanda_namibia_2_.webp

Uwahoze ari First Lady wa Namibia yagizwe umuyobozi wa Kepler College i Kigali

Monica Geingos, wahoze ari umugore wa mbere muri Namibia, akaba umufasha w’uwahoze ari Perezida wa Namibia, Nyakwigendera Hage Gottfried Geingob, azakomeza imirimo ye mishya nk’Umuyobozi w’Ishuri Rikuru rya Kepler (Keler College) rifite icyicaro i Kigal, nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bw’iryo shuri ku wa Mbere, itariki 19 Kanama.

Geingos watangiye manda ye ku itariki ya 29 Nyakanga, ni na we chancellor wa mbere washyizweho muri iyi kaminuza, aho asanga na Prof. Baylie Damtie Yeshita, Visi Perezida, na Ambasaderi Charles Murigande nk’umuyobozi w’Inama y’Ubuyobozi y’Ishuri Rikuru.

rwanda_namibia_2_.webp
Ubwo yapfushaga umugabo Jeannette Kagame yagiye kumwihanganisha

Umunyamategeko w’umwuga, madamu Geingos, w’imyaka 47, yatanze umusanzu ukomeye haba mu bikorera ndetse no mu nzego za Leta, cyane cyane mu gihugu cye Namibia, ndetse n’ahandi.

“Twishimiye kwakira (H.E.) Monica Geingos nka chancellor wacu wa mbere. Ubunararibonye bwe n’ubuyobozi mu gushyigikira urubyiruko bimugira umuntu ukwiye wo kuyobora ikigo cyacu, ” ibi bikaba byavuzwe na Murigande, Umuyobozi w’inama y’ubuyobozi ya Kepler College.

Murigande yongeyeho ati: “Twishimiye ishyaka rye kandi twibanze ku iterambere rya Afurika binyuze mu kuzamura ubukungu bw’Abanyafurika bakiri bato. Ibi bijyanye n’inshingano zacu, kandi dutegereje kubona ibyo azatugezaho. ”

Mbere yuko aba Madamu wa Perezida wa Namibia (kuva Werurwe 2015 kugeza muri Gashyantare 2024 ubwo umugabo we yapfaga), Geingos yari Umuyobozi n’umunyamigabane w’ikigega kinini cy’imigabane cy’abikorera muri Namibia mu myaka irenga icumi.

gf_ybprx0aa4hve-2.jpg
Jeannette Kagame ni umwe mu babaye hafi Geingos nyuma yo gupfusha umugabo

Vuba aha, Geingos yayoboye Umuryango w’abagore b’abakuru b’ibihugu muri Afurika w’iterambere (OAFLAD) nka Perezida wawo, aho yayoboye ubukangurambaga buzwi cyane bwa WeAreEqual, aharanira uburinganire muri Afurika.

Nk’umuyobozi w’iri shuri, biteganijwe ko Geingos azayobora imihango yo guterana, gutanga impamyabumenyi, no guhagararira Ishuri Rikuru mu nzego zitandukanye.

Ati: “Nk’umuyobozi wa mbere wa Kepler College, nishimiye cyane kuyobora iki kigo mu bihe bishya by’uburezi buzana impinduka. Icyerekezo cyanjye ni ugukoresha imbaraga z’ubumenyi atari mu kumenyesha gusa ahubwo no gutera impinduka zikomeye mu baturage. ”

Yongeyeho; Ati: “Mu gushyiraho uburyo bunoze bwo kwiga bushyira ingufu mu myigire no kubishyira mu bikorwa, tugamije kurema igisekuru cy’abahanga udushya n’abayobozi b’Aba-Pan africans bazazana iterambere risobanutse.”

gf_b6pix0aiqc20.jpg

Ubuyobozi bwa Chancellor Geingos bwiyongereye ku nshingano ze nk’umuyobozi w’inama mpuzamahanga ku busumbane, sida, n’ibyorezo, akaba na Perezida w’inama y’ubuyobozi ya Afurika REACH.

Yagize uruhare runini mu guharanira uburinganire n’ubwuzuzanye mu bukungu abinyujije ku mbuga ze zitandukanye.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *