Mu rugendo rwa Arbaeen ni igihe cy’ikiruhuko cy’iminsi 40 cyo kwibuka urupfu rwa Imam Hussein n’ingabo za Caliph Yazid bapfuye mu mwaka wa 680. Muri uru rugendo rutagatifu rwa kiyisilamu abakerarugendo bahurira mu mujyi wa Karbala kugira ngo bumve ubutumwa bw’idini.
Inzego zishinzwe umutekano muri Irak zivuga ko ku wa Kane mu mujyi wa Karbala, Ingabo za Irak zarashe amasasu mu kirere, ubwo habaga imirwano hagati yazo, mbere y’ikirori cy’idini ya Islam cya mbere kuruta ibindi ku isi, nk’uko abayobozi b’umutekano babivuga.
Bivugwa ko ingabo za Irak n’abanyamuryango ba Hashed al-Shaabi, abenshi muri bo ari abasirikare b’abashiyite baturuka muri Iran bashyizwe mu ngabo z’umutekano za Irak, ari bo bahuye, nk’uko umukozi w’ubuyobozi bw’imbere mu gihugu yabivuze ariko ntihatangazwe izina rye kubera impamvu z’umutekano we.
Iyi mirwano yabaye mu gitondo cya kare hafi kilometero eshanu uvuye mu mujyi wa Karbala ubwo imodoka enye za Hashed zageragezaga kunyura ku nzira y’igenzura rya gisirikare ku muhanda wagenewe abakerarugendo gusa,maze mu kugerageza kuzihagarika ,habaye kurasa amasasu menshi mu kirere,maze impande zose zirasa hejuru ariko kubw’amahirwe nta muntu ayo masasu yahitanye cyangwa ngo akomeretse.
Nyuma y’ubu bushyamirane abanyamuryango batandatu ba Hashed batawe muri yombi n’inzego z’umutekano bashinjwa kugira uruhare muri iki gikorwa.
Umwaka ushize, abakerarugendo miliyoni 22 benshi baturutse muri Iran, bitabiriye Arbaeen, nk’uko imibare yemewe ivuga.
Umuyobozi wa Hashed yemejeko “habayeho gufatwa kwa bamwe kandi iperereza rigikomeje kugira ngo hamenyekane uwateje umutekano muke hagati y’aba bakerarugendo.”
Tubibutse ko Kuva tariki 6 Kanama 2024, abakerarugendo miliyoni 2.9 bamaze kwinjira muri Irak bagiye mu rugendo rwa Arbaeen, nk’uko imibare yemewe ibigaragaza.
Mu gihe umwaka ushize, abakerarugendo miliyoni 22 benshi baturutse muri Iran bitabiriye Arbaeen, nk’uko imibare yemewe ivuga.
Bwiza.com


