screenshot_20240830-090246.jpg

Guverinoma ya RDC yemeye ko ari yo yasabye Ingabo za Kenya muri MONUSCO mu 2019

Imiryango itegamiye kuri leta ikorera muri Kivu y’Amajyaruguru ikomeje kwamagana byimazeyo iyoherezwa ry’abasirikare ba Kenya muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo mu gihe Leta yemeye ko ari yo yabasabye mu 2019.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Kane, itariki ya 29 Kanama, sosiyete sivile yagaragaje ko yamaganye yivuye inyuma ko abasirikare ba Kenya baba bari kumwe na MONUSCO n’Ingabo za Congo mu kurwanya inyeshyamba za M23.

Ni nyuma y’uko Ingabo za Kenya ziheruka muri Congo mu butumwa bwa EAC zashinjwe gufasha M23 zavuye ku butaka bw’iki gihugu, ku itariki ya 21 Ukuboza 2023.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Congo ivuga ko izi ngabo za Kenya zoherejwe zasabwe na Repubulika ya Demokarasi ya Congo mu 2019.

Yagize iti: “Mu rwego rwo kongerera ingufu Brigade ishinzwe Gutabara byihuse ya MONUSCO (FIB), Repubulika ya Demokarasi ya Congo yari yanditse ku mugaragaro mu 2019 ubusabe bw’umusanzu w’ingabo ku bafatanyabikorwa Mpuzamahanga. Kenya na Nepal byari byasubije neza ubwo busabe”.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya RD Congo yongeyeho ko hari hagamijwe kongerera ingufu FIB kugirango ibashe guhangana neza n’ibibazo by’umutekano mucye bikomeje mu bice bimwe na bimwe by’igihugu.

Iti: “Iyoherezwa rikomeza ry’Ingabo za Kenya, rwatangiye mu 2020 ryateganyaga gusimburana guhoraho kw’ingabo zabo buri gihe cy’iyoherezwa.”

Sosiyete sivile ya Kivu y’Amajyaruguru idakozwa ibi yo yateguje imyigaragambyo itandukanye guhera kuwa Mbere, itariki 2 Nzeri yo kwamagana iryo yoherezwa ry’Ingabo za Kenya ishinja kugirana umubano na M23.

screenshot_20240830-090246.jpg

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *