Akurikiranweho gufatisha ku ngufu umugore we abagabo basaga 50

Umugabo witwa Dominique P. akurikiranweho kunywesha ibiyobyabwenge bya anxiolytics umugore we mu gihe cy’imyaka igera ku icumi, kugira ngo amusambanyishe ku gahato abanyamahanga bagera kuri mirongo itanu yamenyeye kuri interineti, bagakorera ibyo bikorwa mu rugo rwabo i Mazan (Vaucluse). Uru rubanza rwatangiye ku wa Mbere i Avignon.

Gisèle P,ufite imyaka 72, n’umusatsi wijimye, hamwe n’amadarubindi y’izuba, yageze mu rukiko akikijwe n’abamwunganira hamwe n’abana be batatu, nta jambo na rimwe yavuze.Nk’uko umwunganizi we abitangaza ngo “afite intego yo guhangana” n’abagabo 51 bafite hagati y’imyaka 26 na 74, barimo 18 bafunzwe, baburanishijwe n’urukiko mpanabyaha rwa Vaucluse kubera ibintu bishobora gutuma bakatirwa igifungo cy’ imyaka 20 bamukoreye.

Nyuma y’iminota igera kuri mirongo itatu y’igihe giteganijwe, Pererezida w’urukiko mpanabyaha, Roger Arata, yatangaje ko hafunguwe uru rubanza rugiye kuburanishwa mu mizi kugeza m’Ukuboza.

Iburanisha ryatangiye hagenzurwa umwirondoro w’uregwa, 18 muri bo bakaba bafunzwe by’agateganyo.

Mbere yuko urubanza rutangira, abanyamuryango bagera kuri cumi na batanu bagize amatsinda abiri y’abaharanira uburenganzira bw’abagore, “Les Amazones d’Avignon” bafatanyije na “Osez le Feminisme 84”, berekanywe bakora imyigarambyo imbere y’urukiko, bambaye iby’umukara, baririmba cyane bavuga bati”Abafashe ku ngufu, turababona, namwe abahohotewe, turabazirikana.”

Rtl info ivuga muri rusange ibikorwa 92 byo gufata ku ngufu aribyo byanditswe muri uru rubanza n’abagabo 72 bakekwa. Gusa ngo abagera kuri mirongo itanu gusa ni bo bamenyekanye ku mugaragaro kandi ubu barakurikiranwa mu rubanza.

Bwiza.com

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *