U Rwanda ntirukozwa ibyo kuba gusenya FDLR byahuzwa no gukuraho ‘ingamba z’ubwirinzi’ rwafatiye RDC

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko idashyigikiye kuba ibikorwa byo gusenya umutwe wa FDLR byahuzwa no kuvanaho ‘ingamba z’ubwirinzi’ zafatiwe Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bijyanye no kuba iki gihugu gikunze kuzana amananiza nkana ku biba byumvikanyweho.

Byatangajwe n’Umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda ubwo yaganiraga na BWIZA TV.

Mu cyumweru gishize ni bwo i Luanda muri Angola habereye inama ya ba Minisitiri b’Ububanyi n’amahanga ya Angola yemerejwemo gahunda yo gusenya umutwe wa FDLR.

Leta ya Congo icyakora imaze igihe isaba Angola yayihurije mu biganiro n’u Rwanda ko gusenya uriya mutwe byahuzwa no kuba u Rwanda rwavanaho “ingamba z’ubwirinzi” rumaze igihe rwarafashe, n’ubwo izi ngamba zidasobanurwa neza.

Umunyamakuru wa BWIZA ubwo yabazaga umuvugizi wungirije wa Guverinoma izi ngamba izo ari zo, yasubije ko “ibihugu byose ntabwo bikora kimwe ku buryo ugomba kugenda ngo usakuze, Abanyarwanda bamenye ko nk’uko Umukuru w’Igihugu yanabivuze ko agomba gufata ingamba izo ari zo zose zishoboka zirinda umutekano wabo n’ubusugire bw’igihugu cy’u Rwanda. Ariko kujya muri ‘detailles’ ngo ingamba zafashwe ni izi n’izi ntabwo ari ngombwa”.

Abaijwe niba u Rwanda rwiteguye kwemera ko gusenya FDLR bihuzwa n’ingamba z’ubwirinzi rwafashe nk’uko Kinshasa ibyifuza, Mukuralinda yavuze ko bitapfa gukunda bitewe n’uko RDC ikunze guhora iteza urujijonkana.

Ati: “Twamaze kugaragaza zimwe mu mpamvu bigoranye kubikora. Abantu (FDLR na FARDC) warabavanze, nturerekana ko wabavanguye, uramara kuva mu nama wagera i Kinshasa ukavuga uti ‘FDLR ni akantu k’agace katahungabanya umutekano w’u Rwanda’.”

“Niba uvuze gutyo kuki ushaka ko ingamba u Rwanda rwafashe zihita zivaho kandi mu by’ukuri uvuga ko [FDLR] ari urwitwazo? Urabyemera cyangwa ntabwo ubyemera? ibyo washyizeho umukono urabishyira mu bikorwa, ntubishyira mu bikorwa? Urumva uzanyemo ikintu cy’urujijonkana, bivuze ngo kubikorera icyarimwe ni ibintu bigoye.”

Mukuralinda yavuze ko Angola nk’umuhuza ari yo igomba gufata umwanzuro kuri iriya ngingo nyuma yo gutega amatwi impamvu Kinshasa ishingiraho igaragaza ko gusenya FDLR byahuzwa no kuba u Rwanda rwavanaho ingamba rwafashe, ndetse n’izo u Rwanda rushingiraho rusaba ko bitagenda gutyo.

Ikiganiro cyose Alain Mukuralinda yagiranye na BWIZA TV

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *