Kuri uyu wa Kane, abagabo babiri bo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Derrick Dearman wo muri Leta ya Alabama na Robert Roberson wo muri Leta ya Texas bagomba kunyongwa, Umuryango w’Abibumbye uvuga ko iki gihano gihangayikishije .
Derrick Dearman w’imyaka 35 y’amavuko, yahamijwe ibyaha byo guhotora abantu byibura batanu bose mu kwezi kwa munani 2016. Umwe muri bo yari umutegarugori wari utwite.
Azaba abaye uwa gatandatu unyonzwe n’ubucamanza muri Alabama muri uyu mwaka nk’uko tubikesha VOA.
Ni mu gihe Robert Roberson (w’imyaka 57 y’amavuko) yahamwe n’icyaha cyo guhotora, mu kwezi kwa kabiri 2002, umwana we bwite w’umukobwa Nikki wari ufite imyaka ibiri y’ubukure.

Robert Roberson
Kuwa Gatatu, nyuma y’uko ubuvugizi bwose bwo kubasabira kuticwa ntacyo butanze, Umuryango w’Abibumbye nawo washyizeho akawo.
Mu itangazo rye, Umuvugizi w’ishami rishinzwe Uburenganzira bwa Muntu, Seif Magango, avuga ko kwicwa kwabo bizaba bikurikiye inyongwa ry’abandi bantu batandatu mu gihe cy’iminsi 12 mu kwezi gushize muri leta eshanu zitandukanye za Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Yagize ati: “Biteye impungenge zikomeye cyane.”
Yongeraho ko “igihano cyo kwicwa kinyuranyije n’uburenganzira bw’ibanze bwa mbere na mbere, ari bwo burenganzira bwo kubaho, kandi ko gishobora no guhitana abantu b’abere.” Na none, ati: “Ibimenyetso byinshi byerekanye ko kitigeze gica ibyaha by’ubuhotozi.”
Leta 23 muri leta 50 zigize igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ni zo gusa zakuye igihano cyo kwicwa mu mategeko yazo.
Izindi esheshatu, ari zo Arizona, California, Ohio, Oregon, Pennsylvania na Tennessee, ntizagiciye ariko zahagaritse by’agateganyo kugishyira mu bikorwa.


