Inyeshyamba z’Abawazalendo zaturutse muri Kivu y’Amajyaruguru, zagaragaye kuva ku itariki ya 19 Ukwakira mu gace ka Mungamba gaherereye mu birometero 100 mu majyepfo ashyira uburengerazuba bw’umujyi wa Bunia, umurwa mukuru w’Intara ya Ituri ntabwo zishimiwe n’ubuyobozi.
Amakuru agera kuri Media Congo Press (MCP) avuga ko izo nyeshyamba zivuga ko ziri muri kariya gace ka Teritwari ya Irumu kurwanya inyeshyamba z’Abagande zo mu mutwe wa Allied Democratic Forces (ADF).
Ariko, aba bantu bitwaje imbunda ntibakiriwe neza muri Teritwari ya Irumu. Kuri Pascal Kiezo, Umuhuzabikorwa wa sosiyete sivile yaho, aba bivugwa ko ari Wazalendo ntibashobora kuza kurwanya ADF muri Ituri mu gihe batarakemura ikibazo cy’inyeshyamba za M23 muri Kivu y’Amajyaruguru.
Yizera ko kuba bahari byaba ari ubundi buryo bwo guhungabanya umutekano muri kariya gace kagaragaramo ituze.
Mu mabwiriza ya Guverineri wa gisirikare kuri Radio Télévision Mont Bleu Bunia, Umuyobozi w’ingabo muri Teritwari ya Irumu yavuze ko yategetse inzego z’umutekano muri Sheferi ya Walese-Vonkutu gushyira mu bikorwa itegeko ribasaba kuva ku butaka bwa Ituri bakajya muri Kivu y’Amajyaruguru aho baturutse.
Bivugwa ko Abawazalendo baturutse muri Kivu y’Amajyaruguru banyuze Biakato na Mambasa kugira ngo bagere muri centre ya Mungamba, kamwe mu duce tw’ubucuruzi dukomeye muri Teritwari ya Irumu.


