Umuvunyi Mukuru Madeleine Nirere yavuze ko nubwo hari intambwe imaze guterwa mu kwishyura indishyi ku bantu bimuwe mu mitungo yabo, ibibazo bigihari.
Kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 22 Ukwakira, Nirere yavuze ko abantu bimuwe mu mitungo yabo baberewemo amafaranga arenga miliyari 15.8 y’amafaranga y’ingurane, ubwo yamurikaga raporo y’ibiro bye mu mwaka w’ingengo y’imari 2023/2024 na gahunda y’ibikorwa yo mu 2024/2025 mu Nteko Ishinga Amategeko.
Yagaragaje ko mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2023/2024, muri rusange hari amadosiye 165.269 [expropriation], muri yo 163.647 akaba yarakorewe igenagaciro, 121.246 yishyuwe, naho 42.401 akaba atarishyurwa.
Yavuze ko amadosiye atarakemurwa afite agaciro ka miliyari zisaga 15.8 z’Amafaranga y’u Rwanda, akomeza avuga ko ayishyuwe afite agaciro ka miliyari zisaga 76.3 z’amafaranga y’u Rwanda, “muri miliyari zisaga 92 z’amafaranga y’u Rwanda yagombaga kwishyurwa” ku bantu y’ingurane.
Ati: “Muri uyu mwaka, turabona ko hari intambwe imaze guterwa nubwo ibibazo bikiriho kuko ibirarane byarenze miliyari 100 z’amafaranga y’u Rwanda mu myaka yashize”.
Yakomeje agira ati: “Turasaba ko n’amafaranga atarishyuwe yishyurwa kubera ko abantu bakeneye ingurane ku mutungo wimuwe”, yasabye ko hakurikiranwa vuba inzira yo kwishyura.
Muri Werurwe 2020, abadepite bavuze ko gutinda cyangwa ibibazo mu kwishyurwa kw’ingurane bituruka ku kutubahiriza ibiteganywa n’amategeko yerekeye kwimura abantu ku nyungu rusange yashyizweho mu 2015.
Itegeko riteganya ko ingurane zemejwe zishyurwa mu gihe kitarenze iminsi 120 uhereye umunsi byemejwe n’Inama Njyanama y’akarere cyangwa Umujyi wa Kigali, cyangwa minisiteri ibishinzwe.
Riteganya kandi ko indishyi z’ihungabana zatewe na expropriation (kwimurwa) zishyurwa umuntu wimuwe zihwanye na 5 ku ijana by’agaciro k’umutungo we.
Raporo ya 2023/2024 ivuga ko ibibazo bijyanye na expropriation mu nyungu rusange byagize 7 ku ijana mu birego 1.587 byose Ibiro by’Umuvunyi byakiriye.
Ibirego bijyanye n’ubutaka byagize ijanisha ryinshi rya 29 ku ijana, mu gihe ibyerekeye imibereho myiza byakurikiye na 16%.
Muri rusange, mu birego byose byakiriwe, 942 byarakemuwe, mu gihe 645 bigikurikiranwa n’inzego zibishinzwe, nk’uko ibiro by’Umuvunyi bibitangaza.


