Kuri uyu wa Gatanu, uwahoze ari umunyamakuru w’ibitangazamakuru bya Leta y’u Bushinwa yakatiwe igifungo cy’imyaka irindwi kubera ubutasi, nk’uko umuryango we wabitangarije BBC .
Dong Yuyu, w’imyaka 62, wafunzwe kuva mu 2022, yakoraga mu nzego z’uburezi n’itangazamakuru muri Amerika no mu Buyapani kandi yabonanaga buri gihe n’abadipolomate b’abanyamahanga batandukanye.
Ubwo yafatwaga n’abapolisi i Beijing, Dong yari ari gusangira amafunguro n’umudipolomate w’Umuyapani.
Igihe yafungwaga, Dong yari umukozi mukuru w’ikinyamakuru Guangming Daily, kimwe mu binyamakuru bitanu bikomeye bifitanye isano n’ishyaka rya gikomunisiti ry’Abashinwa.
Muri Gashyantare 2022, Dong yatawe muri yombi ubwo yasangiraga n’umudipolomate w’Umuyapani muri resitora akunze guhuriramo n’inshuti ze z’abanyamahanga.
Uyu mudipolomate na we yarafunzwe, arekurwa hashize amasaha menshi nubwo Guverinoma y’u Buyapani yari yakomeje kumusaba.
Dong yahuraga buri gihe n’abandi banyamakuru hamwe n’abadipolomate b’abanyamahanga mu rwego rw’akazi ke.
Umuryango we wavuze ko mu cyemezo cy’urukiko, abandi badipolomate babiri b’Abayapani Dong yahuye nabo biswe “abakozi b’umuryango w’ubutasi”, bavuga Ambasade y’u Buyapani.
Mu itangazo ryawo, umuryango we wagize uti: “Twatunguwe no kubona abategetsi b’Abashinwa bari kubona ko ambasade y’amahanga ari ‘umuryango w’ubutasi'”.
Bongeyeho bati: “Icyemezo cy’uyu munsi ni akarengane gakabije atari kuri Yuyu n’umuryango we gusa ahubwo no ku munyamakuru w’Umushinwa utekereza mu bwisanzure ndetse n’Abashinwa basanzwe biyemeje kugirana ubucuti n’Isi.”
Urukiko rwa Beijing aho Dong yakatiwe kuri uyu wa Gatanu, rwari rwakajije umutekano, nk’uko Reuters yabitangaje, kubera ko abanyamakuru basabwe kugenda kandi umudipolomate avuga ko batemerewe kwitabira iburanisha.


