Burundi: Umugabo yishe nyina n’abana be 3 abatemaguye

Ubwicanyi bwakorewe abantu bane bo mu muryango bwabereye mu gace ka Nyabigozi, muri Komini ya Gisuru mu Ntara ya Ruyigi (mu burasirazuba bw’u Burundi). Hari kuri uyu wa Gatandatu ushize, itariki 30 Ugushyingo 2024. Uwakoze aya mahano nawe wo muri uyu muryango yatawe muri yombi na polisi.

Ni Umugabo witwa Pascal Baseka wishe abana be batatu akoresheje umuhoro, abakobwa babiri bafite imyaka 7 na 6 n’umuhungu wari ufite imyaka ibiri n’igice. Uyu muhinzi w’imyaka 47 yishe kandi nyina, Marie Ntakamurenga w’imyaka 69, akoresheje umuhoro.

Umuyobozi w’umudugudu wa Nyabigozi, Pascal Nyawenda, yemeje aya makuru. Yerekana ko icyateye ubu bwicanyi mu muryango kitaramenyekana.

Nk’uko amakuru aturuka muri ako gace agera kuri SOS Medias Burundi dukesha iyi nkuru avuga, Pascal Baseka ntabwo yumvikanaga n’umugore we.

Umuntu wa gatanu yakiriwe mu bitaro bya Gisuru nyuma yo gukomeretswa bikabije na Baseka. Barthélemy Runinga, umuturanyi w’umuryango, yagabweho igitero agerageza gukiza abahohotewe.

Pascal Baseka ubu afungiwe muri kasho ya polisi i Gisuru. Abaturage bemeza ko arwaye “indwara zo mu mutwe”. “Yari yaburiwe irengero byibuze icyumweru mbere yo kongera kugaragara.”

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *