U Bubiligi bwahamijwe gukorera muri Congo ibyaha byibasiye inyoko muntu

Leta y’u Bubiligi yahamijwe gukorera ibyaha byibasiye inyoko muntu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma yo gutandukanya abana batanu na ba nyina b’abanye-Congo.

Ni ibyaha u Bubiligi bwakoze mu gihe cy’ubukoloni.

Urukiko rw’Ubujurire rw’u Bubiligi mu mwanzuro rwasomye ku wa Mbere tariki ya 2 Ukuboza, rwanzuye ko abana batanu bavukiye muri Congo-Mbiligi kuri ubu bakaba bari mu myaka 70 y’amavuko “bashimuswe” na Leta, ubwo batandukanywaga na ba nyina bakiri bato bakajyanwa mu bigo bya Kiliziya Gatolika bazira kuba bakomoka ku babyeyi b’abazungu n’ab’abirabura.

Michèle Hirsch uri mu banyamategeko bunganiraga bariya badamu nyuma y’uriya mwanzuro yavuze ko ibyabaye ari intsinzi ndetse n’umwanzuro w’amateka.

Yunzemo ati: “Ni ubwa mbere mu Bubiligi, biranashoboka ko ari ubwa mbere i Burayi urukiko ruhamya Leta y’u Bubiligi yo mu gihe cy’ubukoloni ibyaha byibasiye inyoko muntu.”

Monique Bitu Bingi watandukanyijwe na nyina umubyara afite imyaka itatu y’amavuko, yabwiye The Guardian dukesha iyi nkuru ko nyuma yo guhabwa ubutabera yumvise aruhutse.

Uyu yunzemo ko we na bagenzi be bacyumva inkuru y’umwanzuro w’urukiko ubaha ubutabera basabwe n’ibyishimo.

Mugenzi we witwa Noëlle Verbeken we yabwiye RTBF ko “iki cyemezo kiravuga ko dufite agaciro runaka ku Isi. Twamenywe.”

Usibye Bitu-Bingi na Verbeken, abandi ni Léa Tavares Mujinga, Simone Ngalula na Marie-José Loshi. Uko ari batanu ba nyina ni abanye-Congo mu gihe ba se ari Ababiligi.

Batandukanyijwe n’ababyeyi babo bijyanye no kuba Leta y’Ububiligi yarabonaga abana b’ibyimanyi nk’abashobora kubangamira gahunda yayo yo gukoloniza Congo.

Hagati ya 1948 na 1953 ni bwo batandukanyijwe na ba nyina, bajyanwa mu bigo by’abihaye Imana mu ntara ya Kasai.

Urukiko rw’Ubujurire rwavuze ko ibyo bakorewe ari “igikorwa kitari icya kimuntu” ndetse no “gutotezwa bigize icyaha kibasiye ikiremwa muntu.”

Muri 2021 ni bwo bariya badamu uko ari batanu bari barajuriye, nyuma y’uko Urukiko rwa mbere rw’iremezo rwari rumaze kwanzura ko ibyo baregaga Leta y’u Bubiligi bitagize ibyaha byibasiye inyoko muntu.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *