Abadepite bo muri Repubulika ya demukarasi ya Congo bahagarariye amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi, bakomeje gushyira igitutu kuri Perezida Félix Tshisekedi, nyuma y’aho yinubiye ingabo z’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba.
Tshisekedi uri mu ruzinduko rw’akazi muri Botswana, ubwo yari mu kiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa 9 Gicurasi 2023, yatangaje ko ingabo za EAC, keretse gusa iz’u Burundi, ziri gukorana n’umutwe witwaje intwaro wa M23, aho kuwurwanya.
Perezida wa RDC yavuze ko yakiriye ubusabe bwa EAC bw’uko ingabo zayo zakongezwa amezi atandatu, gusa ngo we yazihaye amezi atatu, mu gihe zazaba zitaratangira kurwanya M23, zikazamuvira mu gihugu burundu muri Kamena, zigasimburwa n’iz’umuryango w’akarere ka Afurika y’amajyepfo, SADC.
Umudepite Gratien Iracan uhagarariye ishyaka Ensemble pour la Démocratie rya Moà¯se Katumbi, yatangaje ko Tshisekedi adakwiye kwegeka amakosa ku ngabo za EAC gusa kandi ari we wagiranye na zo amasezerano yo gukorera muri RDC.
Iracan yagize ati: “EAC iri muri RDC hashingiwe ku masezerano yihariye ubutegetsi bwa Tshisekedi bwemeye. Ntabwo Leta ikwiye kwifata nk’aho izi ngabo zizanye muri Congo. Zarahamagawe mu buryo bwemewe. Ntabwo wakina n’umutimanama wa rusange.”
Depite Delly Sesanga Hipungu uhagarariye ishyaka Envol, we mu kiganiro yagiranye na TV5 Monde, yatangaje ko ibyo Tshisekedi ari gukora ni uguta igihe. Ati: “Twatakaje igihe, dutegereza ibya Tshisekedi na Leta ye bitari ibya kinyamwuga, bidafitiwe amakuru kandi byakozwe buhumyi. [Kandi] hari ingamba benshi muri twe twasabye ko zafatwa.”
Claudel Lubaya uhagarariye ishyaka UDAO abona ibyemezo bya Tshisekedi byo kwemerera ingabo z’amahanga ziva hirya no hino kujya mu gihugu cye birimo guhuzagurika cyane kandi ngo bizamugiraho ingaruka.
Yagize ati: “Kugaruka kwa SADC, kugenda gushoboka kw’ingabo z’akarere bigaragaza icyuho gikomeye cya politiki irangwa no kubura amahitamo hamwe no kuvuguruzanya, kwatewe no gushaka kwihorera binyuze mu cyitwa dipolomasi yeruye itagira aho igarukira, ibyara ingaruka mbi ku gihugu cyacu.”
Ingabo za EAC ziri muri RDC kuva mu mwaka ushize. Uyu muryango uremeza ko zakoze inshingano zahawe neza, kandi ni na byo Maj. Gen. Jeff Nyagah wari uziyoboye yatangaje mbere yo kwegura. Ubutegetsi bw’iki gihugu zikoreramo ntizibyemera.


