1771833972861

Abafana bitwikiyeho Sitade nyuma y’uko ikipe yabo itsinzwe 3-0

Umukino ukomeye wahuzaga amakipe abiri akomeye yo muri Serbia, Red Star Belgrade na Partizan Belgrade, waranzwe n’imvururu zikomeye nyuma y’uko abafana b’ikipe yasuye batwitse igice cya stade, bituma umukino uhagarikwa by’agateganyo.

Ibi byabereye kuri stade ya Rajko Mitić Stadium mu mukino uzwi nka “Eternal Derby,” umwe mu mikino irangwa n’ishyaka rikomeye muri Serbia. Abafana ba Partizan bari mu gice cyagenewe abashyitsi batwitse intebe za stade, umuriro urazamuka cyane ku buryo byabaye ngombwa ko abashinzwe kuzimya inkongi bahita batabara.

Muri icyo gihe, ikipe ya Red Star yari iri imbere n’ibitego 2-0. Igitego cya mbere cyatsinzwe na rutahizamu ukiri muto Vasilije Kostov mbere y’ikiruhuko, naho igitego cya kabiri gitsindwa na Marko Arnautovic mu gice cya kabiri. Nyuma y’iyo mvururu, umukino wahagaritswe iminota mike kugira ngo umuriro uzimywe, nyuma uza gusubukurwa.

Red Star yaje gutsinda umukino ibitego 3-0 nyuma y’uko Aleksandar Katai atsinda igitego cya gatatu, intsinzi yayihesheje gukomeza kuyobora urutonde rwa shampiyona irusha mukeba wayo amanota ane.

Nyuma y’umukino, abakinnyi ba Red Star bagaragaje ko bishimiye intsinzi, bavuga ko bakinnye umukino uhamye kandi ko ari ingenzi mu rugendo rwo kwegukana igikombe.

Uyu mukino wongeye kugaragaza ubukana bw’aya makipe y’abakeba mu mateka ya ruhago ya Serbia, aho imikino ihuza Red Star na Partizan ikunze kurangwa n’ishyaka rikabije ndetse rimwe na rimwe n’imvururu z’abafana.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *