Komisiyo Ishinzwe Uburenganzira bwa Muntu muri Kenya (KNCHR), yatangaje ko abantu bamaze kugwa mu myigaragambyo izwi nka Sabasaba iheruka kuba muri kiriya gihugu bamaze kugera kuri 31.
Ni imibare yikubye kabiri iyaherukaga gutangazwa na Polisi ya Kenya.
KNCHR mu itangazo yasohoye ku wa Kabiri, yavuze ko usibye abapfuye hari abandi 107 bakomeretse, mu gihe ababarirwa muri 532 batawe muri yombi.
Hari kandi abantu babiri baburiwe irengero.
Iriya Komisiyo kandi ivuga ko hari ibintu byinshi byangiritse, n’ubwo agaciro kabyo kataramenyekana.
Perezida wa KNCHR, Raymond Nyeris, yavuze ko abantu bose bagize uruhare mu byabaye bagomba kubibazwa, baba abasivile ndetse n’abapolisi.
Ati: “Turamagana twivuye inyuma ibikorwa byose bihonyora uburenganzira bwa muntu, tugasaba impande zose zabigizemo uruhare kubibazwa.”
Ku wa 7 Nyakanga ni bwo abanya-Kenya bakoze imyigaragambyo bise”Sabasaba”, mu rwego rwo kwizihiza imyaka 35 ishize basabye Daniel Arap Moi wayoboraga Kenya ko yashyiraho politiki y’amashyaka menshi.
Ni imyigaragambyo yaranzwe no guhangana gukomeye kw’abaturage na Polisi ya Kenya, hifashishijwe imyuka iryana mu maso, amabuye ndetse n’amasasu.


