Igisirikare cy’u Rwanda cyohereje abakinnyi 18 mu Irushanwa rya Gisirikare ku rwego rw’isi rigiye kubera mu Bushinwa mu mugi wa Wuhan.
Aba bakinnyi bari mu makipe ane; ayo kwiruka, Beach Volley, Taekwondo no kurasa bagiye baherekejwe na Brig. Gen. Jean Bosco Ngiruwonsanga uri mu Kanama Mpuzamahanga k’Imikino ya Gisirikare.
Brig. Gen. Ngiruwonsanga yabanje yasaba aba bakinnyi guhagararira igihugu neza.
“ Tugomba guhatana kugira ngo dushimangire isura nziza y’igihugu cyacu muri iyi mikino. RDF igomba kugaragaza itandukaniro, ikagaragaza ikinyabupfura ndetse igatwara n’irushanwa.” Yongeyeho gutsinda irushanwa atari ibintu byizana ahubwo umuntu abiharanira.
Iri rushanwa rigiye guhuza amakipe aturuka mu bihugu 140 bihuriye muri aka kanama kazwi nka International Military Sports Council/ Conseil Interanational du Sports Militaire (IMSC/CISM), azakina mu imikino 27.
Iri rushanwa riraba ku nshuro ya 7 nyuma yo gutangizwa mu 1995, U Rwanda rukaba ruryitabiriye ku nshuro ya 3, riratangira kuri uyu wa 15 rizarangire ku wa 30 Ukwakira 2019.
Riba inshuro imwe mu myaka ine. Ubushize ryabereye mu mugi wa Mungyeong muri Koreya y’Epfo.


