Abakinnyi barindwi ba Rayon Sports ntibagaragara mu mukino wa Espoir

Kuri uyu wa gatandatu Rayon Sports irakira Espoir FC, mu mukino w’umunsi wa 18 wa shampiyona iyi kipe ikunzwe na benshi irakina ibura abakinnyi barindwi isanzwe yifashisha.

Ni umukino iyi kipe irakina iri ku mwanya wa kabiri ku rutonde rwa shampiyona n’amanota 35, ikaba irusha inota rimwe ikipe ya Police FC ya gatatu. Gutsindwa uyu mukino cyangwa kuwunganya Police FC yatsinze Gicumbi FC bisobanuye ko Rayon Sports irahita itakaza umwanya wa kabiri.

Abakinnyi Rayon Sports iraba idafite kuri uyu mukino wa Espoir urabera kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, barimo umuzamu Kimenyi Yves ufite igisebe ku kaguru, myugariro Rugwiro Herve utaraba fit (kumera neza nk’uko byifuzwa), na myugariro Iradukunda Eric Radu wamaze kuzuza amakarita atatu y’umuhondo.

Iyi kipe kandi iraba idafite Iranzi Jean Claude wagiye gukora igeragezwa mu Misiri, Sugira Ernest wavunikiye mu mukino wa AS Kigali cyo kimwe n’abakinnyi nka Kayumba Soter na Danyogo batarabona ibya ngombwa.

Icyakora cyo Niyonzima Ally uheruka gusinyishwa na Rayon Sports ashobora kugaragara muri uyu mukino mu gihe yaba agiriwe ikizere n’umutoza Alain Kirasa.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *