Abakoresha imbunda barwanya abadafite intwaro ni ingurube: Museveni

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, yamaganye yivuye inyuma abagize uruhare mu kurasa Ibrahim Tusubira AKA Isma Ichuli wamamamaye kubera gutangaza inkuru zinenga ubutegetsi, abita ingurube.

Museveni yavuze ko mu mahame y’ishyaka NRM, hatarimo gutsinda umuntu udafite intwaro hakoreshejwe imbunda. Ati: “Namaganye ingurube zimwe zishe uyu Munya-Uganda. Ingurube zi zo zikoresha imbunda mu kurwanya abatumvikana na zo badafite intwaro. NRM yemera gutsinda abatavuga rumwe na yo, yifashishije ibitekerezo.”

Perezida wa Uganda yasobanuye ko iyo umuntu yishe abo batavuga rumwe, biba bigaragaza ko umurongo we atari mwiza ku buryo yaba afite ubushobozi bwo kujya impaka. Ati: “Ni ukubera iki wamwica ngo ni uko atari mu kuri, wowe ukaba ari mu kuri? Abica batekereza nabi.”

Museveni yavuze ko NRM yakwica gusa mu gihe yaba iri mu ntambara, ariko na bwo ngo ntabwo yakwica imbohe. Yatanze urugero ati: “Christopher Gala wabaye Komanda wa Polisi y’akarere muri Makindi, yafashwe na NRA mu 1984, ubwo yafataga ibirindiro bya Masindi, ariko yararekuwe nyuma yo kuganirira kuri Kanyaara-Ngoma, Nakaseke.Ubwo yasubiraga kuri UPC muri Kampala, Perezida Obote yaramubajije ati ‘Kubera iki inyeshyamba zitakwishe?’ Yaramusubije ati ‘Bariya ntabwo bica, keretse ku rugamba.”

Gusa ngo Obote yategetse ko Gala afungirwa muri gereza kugira ngo adakwirakwiza inkuru y’ineza yagiriwe n’abarwanyi ba NRA, ariko ntibyatinda kuko yaje gufungurwa ubwo ubutegetsi bwe bwakurwagaho, asubizwa ku mwanya wa komanda wa Polisi. Ati: “Bazzukulu baziyumvira inkuru ya Gala. Abica bihabanye n’amategeko ni ingurube.”

Yamenyesheje umuryango wa Isma ko abamwishe barashakishwa kandi ko bagomba guhanwa. Ati: “Ndihanganisha umuryango wa Isma. Turi kumwe namwe kandi tuzahana umwicanyi.”

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *