Abakunzi ba ruhago nyarwanda bakiriye inkuru y’inshamugongo

Umwe mu bagize uruhare mu kuzamura umupira w’amaguru mu Rwanda witwa Muramira Gregoire, wari umuyobozi w’irerero rya Isonga Academy, yitabye Imana, bishengura abasanzwe bakurikiranira hafi umupira w’amaguru mu Rwanda.

Muramira Gregoire yitabye Imana nyuma y’ukwezi kumwe, uwari umwungirije muri Isonga witwa Christian na we apfuye.

Inkuru y’urupfu rwa Muramira Gregoire, yamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 02 Ukuboza 2022.

Umunyamakuru wa Siporo, Imfurayacu Jean Luc mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, yatangaje iyi nkuru ibabaje, agira ati “Muzehe Muramira Gregoire yitabye Imana.”

Muramira Gregoire afite ibigwi bikomeye muri ruhago mu Rwanda no mu Burundi, dore ko yanabaye umuyobozi w’Ikipe ya Vital’o FC y’i Burundi, mu 1992 ubwo iyi kipe yageraga ku mukino wa nyuma w’irushanwa rikomeye muri Afurika rya CAF Cup Winners’ Cup.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *