Abaminisitiri 16 hamwe n’uw’ingabo bambuwe imyanya yabo muri guverinoma

Nyuma yuko amajwi y’amatora agaragaje by’agateganyo kuri uyu wa kane ko batsinzwe mu nteko ishinga amategeko, abaminisitiri 17 bamaze kubura imyanya baribasanganywe muri guvernema
ugi
Guvernema ya Uganda igena umuntu kuba minisitiri ari uko yamaze kwemererwa kujya mu nteko ishinga amategeko .
Dr. Crispus Kiyonga wayoboraga Minisiteri y’Ingabo, wanayoboye ibiganiro byo kunga impande zihanganye mu Burundi nawe yamaze gutakaza umwanya w’ubumisitiri
Nk’uko “The New Vision” ibivuga ngo abandi ni umushinjacyaha mukuru, Fred Ruhindi, Jessica Alupo minister w’uburezi, Rose Akol wari ushinzwe umutekano w’imbere mu gihugu, umunyamabanga wa Leta ushinzwe Umurimo, Kamanda Bataringaya, uw’Ubutabera Kahinda Otafiire, Rudiah Nakadama wari ushinzwe uburinganire n’abandi.
By’agateganyo, Museveni yatowe na 62%, Dr. Kizza Besigye, wiyamamarije kuyobora Uganda ku nshuro ya kane yatowe na 33%, naho Amama Mbabazi afite amajwi akabakaba 2%.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Leki@bwiza.com

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *