Abamotari banduye Covid-19 babonetse muri Kigali bateye impungenge -RBC

Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima, RBC, Dr Sabin Nsanzimana yavuze ko mu barwayi 26 ba Coronavirus babonetse kuri iki Cyumweru harimo abamotari babiri bo mu Mujyi wa Kigali, bakaba bahangayikishije cyane kuko bashobora gukomeza gukwirakwiza iki cyorezo cyari kimaze kugenza gake muri Kigali.

Muri rusange abarwayi 26 babonetse kuri iki Cyumweru harimo 18 bagaragaye i Rusizi, 2 baboneka ku mupaka wa Rusumo, naho 6 baboneka mu Mujyi wa Kigali.

Mu kiganiro na RBA kuri uyu wa 22 Kamena, Dr Nsanzimana Sabin yavuze ko aba barwayi 6 babonetse i Kigali bavuye mu turere twa Kicukiro na Nyarugenge, muribo babiri bakaba ari abakora umurimo wo gutwara abagenzi kuri moto, abandi bane bakaba bafite aho bahuriye n’abandi barwayi bagaragaye mu minsi ishize bashamikiye kubo mu karere ka Rusizi.

Dr Nsanzimana atangaza ko aba bamotari babiri bahangayikishije kurusha abandi kuko bigoye kumenya abo bagiye bahura nabo barimo n’abo bagiye batwara, cyane ko ari kimwe mu byiciro bihura n’abantu benshi kandi mugihe gito.

Ati “Ejo twabonye abarwayi bagera kuri 26, muribo rero 6 bagaragaye mu Mujyi wa Kigali harimo abo mu karere ka Kicukiro ndetse no mu karere ka Nyarugenge. Muri abo barwayi 6 harimo ndetse babiri bakora umurimo wo gutwara abagenzi kuri za moto, ari nabo rwose navuga ko bahangayikishije cyane kuko ni icyiciro cyafunguriwe imirimo nyuma y’ibindi byiciro byose, ku buryo rero biduhangayikishije mu buryo bwo kuvuga ngo izi za moto turi kugendaho tugomba kwitwararika cyane kugirango zitaba ikiraro cyo gukwirakwiza Coronavirus.”

Dr Nsanzimana avuga ko aba bamotari bagaragaye mu buryo bwo gupima abamotari bwari bumaze iminsi itanu hapimwa abatwara za moto mu Mujyi wa Kigali, mu buryo bwo gutomboza bapima abantu benshi mu kurebwa niba icyorezo kitari gukomeza gukwirakwira. Avuga ko bikigoye kumenya aho aba bamotari babiri baba barakuye uburwayi, ari nako kazi itsinda ribishinzwe ryatangiye gukora.

Akomeza asaba abamotari n’abagenda kuri za moto kwitwararika kuko bigoye kumenya ugutwaye niba afite ubwandu cyangwa atabufite cyane ko hari n’abatari kugaragaza ibimenyetso. Abakora ingendo kuri moto barasabwa kubahiriza ibyo basabwa harimo, gushyira agatambaro mu ngofero (casquet) no gukoresha umuti wica udukoko.

Imibare ya RBC igaragaragaza ko abamaze kwandura Covid-19 mu Rwanda ari 728 bagizwe n’igitsina gabo 562 n’166 b’igitsina gore.

Abari munsi y’imyaka 20 y’amavuko ni 67, abari hagati y’imyaka 20 na 29 ni 214, abari hagati y’imyaka 30 na 39 bakaba 259, hagati y’imyaka 40 na 49 ni abantu 129, abari hagati y’imyaka 50 na 59 ni abantu 43 mugihe abari hagati y’imyaka 60 na 69 ari abantu 16.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *