Minisiteri y’ubutabazi (MINEMA) yatangaje ko abantu 13 mu bibasiwe n’ibiza mu ijoro ryo ku wa 2 rishyira uwa 3 Gicurasi 2023 bakiri mu bitaro.
Muri raporo nshya yasohotse kuri uyu wa 13 Gicurasi 2023, iyi Minisiteri ivuga ko abishwe n’ibi biza ari 135, abakomeretse ni 110, abamaze kuva ku bitaro bo bakaba bageze kuri 97. Umuntu umwe ni we utaraboneka.
Ibi biza byasenye inzu 5963, byimura abantu 20,326. MINEMA isobanura ko abahawe amacumbi y’agateganyo mu bigo byabigenewe ni 83, muri rusange bose hamwe bakaba bamaze guhabwa ibiribwa toni 426.
Hangiritse imihanda minini 20 harimo 15 yamaze gusanwa, inganda z’amashanyarazi 12 kandi zose zamaze gusanwa ndetse n’inganda z’amazi 8, zose zamaze gusanwa.
Ibi biza byibasiye intara y’Uburengerazuba, iy’Amajyaruguru n’Amajyepfo. Perezida Paul Kagame kuri uyu wa 12 Gicurasi ubwo yasuraga abo byagizeho ingaruka mu karere ka Rubavu, yabasezeranyije ko Leta irakomeza kubafasha.



