20250818_192348

Abantu 5 bishwe n’imvura

Minisiteri y’Ibikorwa by’Ubutabazi yatangaje ko abantu batanu bishwe n’ibiza byatewe n’imvura nyinshi imaze iminsi ibiri igwa hirya no hino mu gihugu.

Iyi Minisiteri yatangaje ko bane mu bapfuye bishwe n’inkuba, undi umwe agwirwa n’inzu.

Ni mu gihe inzu 15 zangijwe n’ibi biza mu gihugu hose.

Abantu batanu bishwe n’ibiza byatewe n’imvura nyinshi imaze iminsi igwa muri uku kwezi kwa Kanama, abandi 15 barakomereka.

Abapfuye barimo babiri bo mu Karere ka Burera bakubiswe n’inkuba ndetse n’abo muri Gicumbi, Rusizi na Ngororero, aho buri Karere gafite umuntu umwe.

Abakomeretse 15 harimo abo mu Turere twa Gicumbi na Gisagara aho buri kamwe gafite umuntu umwe, batatu bo mu Karere ka Kamonyi, babiri bo mu Karere ka Musanze ndetse n’abandi umunani bo mu Karere ka Nyamasheke bakomerekejwe n’inkuba.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *