Muri Nigeria, inshuti z’u Rwanda n’Abanyarwanda babayo mu mpera z’icyumweru dusoje, bizihije umunsi wo kwibohora ku nshuro ya 30.
Ni umuhango wizihijwe n’inzego za leta ya Nigeria n’abahagarariye ibihugu byabo, bitabiriye ibirori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 30 yo Kwibohora k’u Rwanda.
Bazivamo Christophe, Ambasaderi w’U Rwanda muri Nigeria, yibukije ko itariki ya Kane, Nyakanga ari umunsi Abanyarwanda baboneye igihugu baharaniye, basubizwa agaciro n’ishema, ndetse n’uburenganzira bwo kwigenza badasindagijwe.
Yashimye ubutwari bw’Ingabo zahoze ari iza RPA-Inkontanyi zarokoye ubuzima bw’abantu benshi ziyobowe na Perezida Paul Kagame.
Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ushinzwe Afurika, Ambasaderi Safiu O. Olaniyan, yavuze ko Abanyafurika bakwiye kwigira ku byagezweho mu Rwanda kuko rwiyubatse.






