bitmap_1200_nocrop_1_1_20260127135417143411_PANA3036

Abanyarwanda barimo abarwanyi 15 ba FDLR batashye bava muri RDC

Kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 27 Mutarama 2026, MONUSCO, ibinyujije muri gahunda yo kwambura intwaro intwaro no gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari abarwanyi (DDRS), yasubije mu gihugu cyabo abaturage 34 b’Abanyarwanda, barimo 15 bahoze ari abarwanyi b’umutwe wa FDLR hamwe n’abantu 19 bo mu miryango yabo.

Iyi ni inshuro ya gatatu habaye gutaha ku bushake kuva umwaka watangira, kw’abantu 60 (33 bahoze ari abarwanyi na bene wabo 27) kuva muri Mutarama 2026.

Abatahutse banyuze ku mupaka wa Grande Barrière uhuza Goma (DRC) na Gisenyi (u Rwanda) mbere yo kwakirwa n’abayobozi b’u Rwanda kugira ngo basubizwe mu buzima busanzwe nk’uko tubikesha Radio Okapi.

MONUSCO ivuga ko yabonye ubwiyongere bw’abashaka gutaha ku bushake mu Rwanda mu bahoze ari abarwanyi ba FDLR mu mezi ashize mu bice byegereye Goma, muri Kivu y’Amajyaruguru.

Abagera kuri 300 bahawe umutekano kandi basubizwa mu gihugu kuva umwaka ushize bigizwemo uruhare n’ishami rya DDRS.

Iyi gahunda iri mu Masezerano y’Amahoro y’i Washington, yashyizweho umukono muri Nyakanga 2025 hagati ya DRC n’u Rwanda, ateganya gusenya FDLR binyuze mu bukangurambaga ndetse n’ibikorwa bya gisirikare.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *