img_20200609_212626.jpg

Abanyarwanda bose Uganda yari yemeye gufungura bamaze kugera mu Rwanda

Kuri uyu wa Kabiri ikindi cyiciro cy’Abanyarwanda 53 bari basigaye muri Uganda cyamaze kugera mu Rwanda, aba bakaba ari bo bari basigaye gushyikirizwa u Rwanda mu bo Guverinoma ya Uganda iherutse gutangaza ko izafungura nyuma yo kumara imyaka igera kuri ibiri bafungiwe muri gereza zitandukanye zo muri iki gihugu.

Aba Banyarwanda 53 bageze mu Rwanda mu masaha ya saa mbili z’umugoroba baciye ku mupaka wa Cyanika, bakaba biyongereye ku bandi 79 baraye bageze mu Rwanda ku mugoroba wo kuwa Mbere tariki 08 Werurwe 2020 banyijijwe ku mupaka wa Kagitumba. Muri rusange abo Uganda yashyikirije u Rwanda bakaba babaye abantu 132.

Mu biganiro byo gusuzuma ishyirwa mu bikorwa ry’Amasezerano y’i Luanda agamije kuzahura umubano w’ibihugu byombi byabaye tariki 04 Kamena 2020 ni bwo Guverinoma ya Uganda ibicishije muri Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga yayo yatangaje ko igiye kurekura Abanyarwanda 130 imaze igihe ifunze. Ibi bivuze ko abo yari yatangaje kurekura bose bamaze kugera mu Rwanda, hakaba hasigaye abandi 310 ivuga ko bakurikiranyweho ibyaha bikomeye.

Aba bashyikirijwe u Rwanda bose uko ari 132 barahita bashyirwa mu kato k’iminsi 14 kugira ngo basuzumwe niba nta cyorezo cya Coronavirus bafite, ubundi bazagezwe mu miryango bakomokamo.
img_20200609_212626.jpg
53 bagejejwe mu Rwanda baciye ku mupaka wa Cyanika, mu gihe abandi 79 bari banyujijwe i Kagitumba

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *