Ku Cyumweru, itariki 27 Ukwakira, abaturage 800 b’Abanyekongo birukanwe muri Angola boherezwa iwabo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo mu buryo byavuzwe ko atari ubwa kimuntu n’abashinzwe isuku n’ubuzima ku mipaka (CHSF).
Nk’uko byatangajwe na Dr. Émile Mbikyo, umuhuzabikorwa w’ubuhuzabikorwa bw’isuku n’ubuzima ku mipaka, ngo abo bantu birukanwe “nta nteguza cyangwa ubufasha,” barunzwe mu gikamyo bapakiyemo birenze, nta mazi yo kunywa cyangwa uburyo bwo kwivuza.

Benshi muri bo ngo bagaragaje ibimenyetso by umunaniro, umwuma, n’indwara zandura bakihagera. Kwirukanwa byabereye ku mupaka wa Kasai na Kwango, uduce DRC isangiye na Angola umupaka w’ibirometero bisaga 2500 nk’uko bitangazwa na Kivu Morning Post.
Nk’uko CHSF ibigaragaza, ubugenzuzi bw’ubuzima bwagaragaje abantu 15 bakekwaho kuba bafite “fièvre jaune” n’abandi 20 banduye igituntu mu batahutse, mu gihe iki gihugu cya Congo gisanzwe gihanganye n’icyorezo cya kolera kimaze gufata abagera ku 58.000 mu mezi icyenda.

Uyu muryango urasaba ko habaho ubufatanye bwihutirwa mu rwego rwo gukumira ibibazo by’ubutabazi n’ubuzima ku rwego rwo hejuru.


